Twiteguye gusubiza mu nzira nziza uwo mubano – Minisitiri Biruta abwira mugenzi we w’u Burundi

  • 5 months ago
Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta, yijeje mugenzi we w’u Burundi, Albert Shingiro, ko u Rwanda rwiteguye gutanga umusanzu warwo mu gutuma umubano w’ibihugu byombi usubira ku murongo.

Ni ijambo yavuze mbere y’ibiganiro byahuje ibihugu byombi, bibera ku mupaka wa Nemba mu Karere ka Bugesera. Ni igikorwa cyabanjirijwe no guhana ikaze ku bayobozi b’ibihugu byombi n’amatsinda bayoboye, mbere y’uko abayobozi bombi baganirira mu muhezo.

Minisitiri Biruta yashimiye u Burundi ku gitekerezo bwagize cyo kugira ngo impande zombi zihurire mu biganiro ku mubano w’ibihugu byombi.

Subscribe: https://www.youtube.com/IgiheTV?sub_confirmation=1
Facebook: https://web.facebook.com/igihe
DailyMotion: https://www.dailymotion.com/igihetelevision
Twitter: https://twitter.com/IGIHE
Instagram: https://www.instagram.com/igiheofficial
Flickr: https://www.flickr.com/photos/igihepictures/
Website: http://igihe.com/

#IGIHE #Rwanda

Recommended